ABAMOTARI N’ABACURUZI BAKINGIWE COVID-19 BARAKANGURIRA ABANDI KUBAHIRIZA AMABWIRIZA YO KURWANYA COVUD-19
Ku wa gatatu tariki 28 Nyakanga uyu Mwaka, mu Bigo Nderabuzima byo mu Karere ka Burera habereye igikorwa cyo gukingira Abaturage Icyorezo cya COVID-19. Mu bakingiwe harimo Abamotari, Abacuruzi n’abageze mu za bukuru bafite hejuru y’Imyaka mirongo itandatu. Biteganyijwe ko kuri iyi nshuro hazakingirwa 5,004.
Abakora akazi ko gutwara Abagenzi kuri Moto bazwi nk’Abamotari, kimwe n’Abacuruzi bishimiye kuba bahawe Urukingo, biyemeza ko batazigera badohoka ku kubahiriza Amabwiriza yo gukumira no kurwanya iki Cyorezo; bakangurira babenzi babo, ndetse n’Abaturage muri rusange kubahiriza Amabwiriza agamije gukumira no kurwanya iki Cyorezo.
Umwe mu bakingiwe w’Umumotari witwa NIYIGENABYOSE Victor utuye mu Kagari ka Karangara, ho mu Murenge wa Rugarama yagize ati:" Imiterere y'Akazi kacu; ndavuga Abamotari ituma duhura n'Abantu b'ingeri nyinshi kandi baturutse ahantu hatandukanye.Ibyo bivuga ko tugomba gukurikiza Amabwiriza yose yo kurwanya Icyorezo cya COVID-19 kugira ngo tubashe kwirinda tunarinde abandi kucyandura ."

Undi ukora akazi ko gutwara Abagenzi kuri Moto witwa NDAYAMBAJE Nicodem utuye mu Murenge wa Rugengabari yagaragaje ibyishimo ku bwo gukingira agira ati:"Nkimara kumenya amakuru ko Abamotari bari mu bakingirwa naje mu ba mbere bitabiriye iki gikorwa; ariko n’ubwo nkingiwe nzakomeza gukurikiza Amabwiriza yo kurwanya COVID-19 ."
Uyu Mugabo yagize kandi ati:"Njye n’abagize Umuryango wanjye tuzakomeza kubahiriza Amabwiriza yo kurwanya no gukumira iki Cyorezo; kandi igihe cyose nzabona Umuntu utayubahiriza nzajya mukebura; mubwire kureka iyo myitwarire mubwira ko kutubahiriza Amabwiriza bishyira ubuzima bwe n’ubw’abandi mu kaga ko kwandura Coronavirusi."
Nyuma yo gukungirwa , NKURUNZIZA Gilbert, ucururiza Imyaka mu Isoko rya Mucaca ribarizwa mu Murenge wa Rugengabari yagize ati:"Ndashima mbivanye ku Mutima Umukuru w'Igihugu ku bw'uru Rukingo; ariko na none n’ubwo nkingiwe nzakomeza gukurikiza Amabwiriza yo kwirinda no kurwanya Coronavirusi."

NKURUNZIZA yatanze inama agira ati: "Abacuruzi ndetse n'abandi tugomba gukomeza kubahiza Amabwiriza yo kurwanya CoronaVirusi; by’umwihariko; Abacuruzi dukwiriye gukoresha MoMoPay na Airtel Money n’ubundi buryo bw’Ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda guhererekanya Amafaranga mu Ntoki kubera ko Inzego z’Ubuzima zagaragaje ko biri mu bikwirakwiza Virusi ya Corona."
Uyu Mucuruzi yakomeje ubutumwa bwe agira ati:"Abacuruzi dukwiriye kugira Kandagirukarabe irimo Amazi; kandi hakaba hari Isabuni ikoreshwa n’Abaguzi; hakaba kandi n’Umuti wabugenewe (Sanitizer); kandi mu Iduka hakinjira Umuguz umwe umwe. Aho Umuntu ari hose agomba kubahiriza Amabwiriza yo kurwanya Icyoreo cya COVID-19. Uruhare rwa buri wese mu kurwanya iki Cyorezo rukwiriye kugaragarira mu kubahiriza Amabwiriza no gukangurira abatayubahiza gucika kuri iyo Myitwarire."