AMATSINDA ARIMO AYOBOWE N’ABAGIZE KOMITE NYOBOZI YAKOZE UBUKANGURAMBAGA KU KWIRINDA COVID-19

Mu rwego rwo kurushaho kurwanya Icyorezo cya COVID-19 hagamijwe kugihashya; ku wa gatanu tariki 25 Kamena uyu mwaka; Amatsinda arimo ayobowe n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Burera; ni ukuvuga : Umuyobozi w’Akarere, Mme UWANYIRIGIRA Marie Chantal, Umuyobozi wako wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana MUNYANEZA Joseph na Bwana MANIRAFASHA Jean de la Paix ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage; yakoze Ubukangurambaga mu Mirenge igize aka Karere aho yagenzuye uko Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa.

Abagize ayo Matsinda baganiriye n’Abaturage basanze aho basuye harimo Amasoko, Amasantere y’Ubucuruzi, aho Abagenzi bategera Ibinyabiziga (Gare), Amashuri, Ibigo Nderabuzima, Amaduka n’ahandi hagendwa n’ahahurira Abantu benshi.

Mu butumwa Umuyobozi w’Akarere, Mme UWANYIRIGIRA Marie Chantal yagejeje ku bacururizaga mu Isoko rya Gahunga riherereye mu Murenge wa Gahunga ndetse no muri Santere y’Ubucuruzi ya Nyanga mu Murenge wa Kinoni yabasabye kubahiriza Amabwiriza yo kwirinda Icyorezo cya COVID-19; yibutsa ko abayarengaho bazakomeza guhanwa; ariko ko  ikigamijwe ari ugukumira kuruta guhana.

Umuyobozi w’Akarere yagize ati: "Icyorezo cya COVID-19 nta ho cyagiye kiracyahari. COVID-19 irica.Abantu batubahiriza Amabwiriza yo kuyirinda baba bashyira Ubuzima bwabo ndetse n’ubw’abandi mu kaga kubera ko isaha iyo ari yo yose bakwandura bakaba bakwanduza abandi. Ubuzima buzira Umuze ni cyo Gishoro shingiro Umuntu agira. Mwirinde kujenjekera Icyorezo cya COVID-19; mwubahirize Amabwiriza yo kukirinda, mukarabe Intoki neza n’Isabune cyangwa mukoreshe Umuti wabugenewe (Hand Sanitizer), muhane intera (nibura metero imwe hagati y’umuntu n’undi), mwambare neza Akapfukamunwa, mwirinde gusuhuzanya muhana Ibiganza, mwirinde guhoberana, mwirinde guhererekanya Amafaranga mu Ntoki; mukoresheje Ikoranabuhanga (Mobile Money).

Yagize kandi ati:"Igihe cyose urebye Umuntu wica Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ntugire icyo ukora uba utije umurindi ikwirakwira ry’iki Cyorezo. Niba ubonye Umuntu utari kuyubahiriza; mukebure; niyinangira; bibwire Inzego ziri hafi."

Mu bindi Umuyobozi w’Akarere yasabye Abaturage yasanze aho yasuye harimo kurwanya Imirire mibi n’Igwingira. Yababwiye ko gutegura Indyo yuzuye bidasaba ibya Mirenge; abibutsa ko ibyinshi mu bikenewe babitunze iwabo mu ngo birimo Imboga, Amagi, Ibirayi, Ibijumba, Ibishyimbo, Amata n’Ibindi; bityo ko igikenewe ari uguhindura Imyumvire; Abantu bakirinda kumarira ku isoko ibyo bejeje n’ibyo batunze; ahubwo ko bagomba kubanza guhaza abagize Umuryango; kugurisha bikaza nyuma.

Mu kiganiro Bwana MUNYANEZA yagiranye n’abacururizaga mu Isoko rya Mugu riri mu Murenge wa Kagogo yababwiye ati:"Muri gucuruza kubera ko muri bazima. Kutubahiriza Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ni ugushyira ubuzima bwanyu mu bazi abira mutaretse n’abandi. Murasabwa rero  kubahiriza Ababwiriza yo kwirinda iki Cyorezo aho ava akagera."

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana MANIRAFASHA Jean de la Paix; afatanyije n’Itsinda ry’Intumwa z’Intara y’Amajyaruguru basuye Amasoko, Santere z’Ubucuruzi, Amashuri n’Ibigo Nderabuzima n’ahandi hahurira Abantu benshi mu Mirenge ya Butaro, Gatebe, Kivuye na Bungwe bakangurira Abaturage bahasanze gukurikiza Amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Bwana MANIRAFASHA yababwiye ati:"Ingaruka za COVID-19 zageze ku muntu wese. Ibyo bivuga ko kuyirwanya bigomba kuba ibya buri wese. Buri wese akwiriye kwiha uwo Mukoro; icyo bisaba ni ukubahiriza Amabwiriza yo kwirinda iki Cyorezo no gukebura abayarengaho; abinangiye bakamenyeshwa Inzego z’Ubuyobozi."

Yabasabye kandi kwirinda Magendu, Ibiyobyabwenge, Amakimbirane, n’Ihohotera ry’uburyo bwose; kandi bagatanga Amakuru y’Imiryango igaragaramo Ihohoterwa kugira ngo igirwe Inama.

Back