INKURU MU MAFOTO: UKO UMUGANDA USOZA UKWEZI KWA MUTARAMA 2025 WAGENZE
Umuganda rusange usoza uku kwezi kwa Mutarama 2025 wabereye mu Mirenge yose igize Akarere. Waranzwe n'ibikorwa birimo guhanga imihanda mishya no gutunganya isanzweho, kubakira abatishoboye inzu n'ubwiherero, gusiza ibibanza ahazubakwa ibikorwa by'iterambere bitandukanye n'ibikorwa by'isuku n'isukura.
Umuyobozi w'Akarere, Mukamana Soline n'abandi bagize Komite Nyobozi y'Akarere, Visi Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere, Uwamwiza Catherine, Chief Inspector of Police (CIP) Mugenzi Jean Bosco wari uhagarariye Umuyobozi wa Polisi mu Karere muri iki gikorwa bakoreye umuganda mu Kagari ka Rutovu, mu Murenge wa Kinyababa aho abawitabiriye basije ikibanza ku Rwunge rw’Amashuri rwa Rutovu ahazubakwa ibyumba by'amashuri.
Mu kiganiro bagiranye n'abitabiriye umuganda babakanguriye kwizigama muri Ejo Heza, gutangira ku gihe Mitweli, kugira isuku umuco, kurwanya imirire mibi n'igwingira ry'abana bato, kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya itundwa, ikwirakwiza, icuruzwa, inyobwa n'ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge, ubusinzi, amakimbirane, ihohotera n'icyabangamira gahunda ya Ndi Umunyarwanda. Basabye ababyeyi kwita ku buzima bw'Umwana mu minsi igihumbi, kwita ku burere n'uburezi bw'abana.
Muri icyo kiganiro babakanguriye kandi kuzitabira ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru w'Intwari z’Igihugu, kwirinda ibikorwa bishobora kwangiza ibishanga n'ibidukikije muri rusange, kubumbatira umutekano bakora neza irondo, hakabaho kandi gufatanya gukumira no kurwanya inda ziterwa abangavu. Bakemuye ibibazo bagejejweho n’abaturage















