MINISITIRI W’UBUTEGETSI BW’IGIHUGU YITABIRIYE UMUGANDA RUSANGE USOZA UKWEZI K'UGUSHYINGO 2025 MU MURENGE WA KIVUYE

Kuri uyu wa gatandatu, mu Mudugudu igize Akarere ka Burera habaye Umuganda rusange usoza Ukwezi k'Ugushyingo 2025 wibanze ku bikorwa by'isuku n'isukura. 

Guverineri w'Intara y'Amajaruguru, Mugabowagahunde Maurice, ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere, Mukamana Soline na Perezida w’Inama njyanama y’Akarere, Bizimungu Jean Baptiste yakiriye Minisitiri  w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana wafatanyije n'abaturage n'Abayobozi b'Inzego zinyuranye mu Ntara y'Amajyaruguru n'Akarere ka Burera gutunganya umuhanda no gutera ibiti by'imbuto mu Kagari ka Murwa, mu Murenge wa Kivuye.

Uwo muganda witabiriwe n'Abayobozi banyuranye mu Ntara y'Amajyaruguru, abagize Biro y'Inama Njyanama y'Akarere, abagize Komite Nyobozi y'Akarere n'abagize Inama y'umutekano itaguye y'Akarere. 

Mu kiganiro Minisitiri yagiranye n'abitabiriye umuganda yabakanguriye kurangwa n'isuku agira ati:"Kugira isuku biturinda indwara zinyuranye zidindiza iterambere ry’uzirwaye. Ndabasaba kurangwa n’isuku ku mubiri, aho mutuye, aho mugenda, aho mukorera ibikorwa birimo ubucuruzi n’ahantu hahurira abantu benshi harimo santere z’ubucuruzi, amashuri n’Ibiro. Isuku ikwiye kuba umuco kuri buri wese."

Nyuma y'umuganda yasuye Ishuri rya Saint Paul MURWA TSS mu Murenge wa Kivuye, Ivuriro ry'Ibanze rya Nyamicucu na Kaminuza y'Ubuvuzi (University of Global Health Equity) mu Murenge wa Butaro; aganiriza Ubuyobozi bw’iryo Vuriro, Ishuri na Kaminuza ku mikorere inoze; abasaba kubungabunga ibyo bikorwa by’iterambere kugira ngo bikomeze guteza imbere abaturage, Akarere ka Burera n’Igihugu muri rusange.

Back