UMUYOBOZI W'AKARERE YABWIYE ABATUYE AKAGARI KA GITOVU AMAVUGURURA YAKOZWE MURI GAHUNDA YA EJOHEZA
Ku gicamunsi cy'uyu wa kane tariki 29 Mutarama 2026; Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Nshimyimana Jean Baptiste yasuye abaturage b'Akagari ka Gitovu, mu Murenge wa Ruhunde muri gahunda ya DUHARI KU BWANYU.
Mu kiganiro yagiranye na bo yababwiye amavugurura yakozwe muri gahunda ya EjoHeza agira ati:"Ubu wakoresha igice cy'ubwizigame bwawe mbere y'imyaka 55, aho agera kuri 30% y'ubwizigane bwawe yakugoboka igihe cyose uyakeneye;70% y'ubwizigane bwawe akomeza kukubyarira inyunu kugeza ku myaka y'izabukuru. Umunyamuryango yemerewe kandi guhabwa pansiyo ya buri kwezi mu gihe afite ubwizigame bwa Miliyoni ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda (2,000,000 Frw)."
Yababwiye ko umunyamuryango wemerewe indi pansiyo igenwa n'itegeko yemerewe kubikuza agera ku 100% y'ubwizigame bwe n'inyungu zabwo, kandi ko umunyamuryango yemerewe guhabwa arenga 25% y'ubwizigame bwe n'inyungu zabwo mu gihe asigaye amuhesha pansiyo ya buri kwezi."
Nshimyimana yakomeje ababwira ibyiza byo kwizigamira muri EjoHeza no kongera ubwizigame agira ati:" EjoHeza ni gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire yatangijwe na Leta y’u Rwanda igamije guha buri Munyarwanda wese amahirwe angana yo kuzigama no guteganyiriza amasaziro meza. Ni ubwizigame bukorwa ku bushake hafungurwa konti yo kuba umunyamuryango, waba Umunyarwanda cyangwa Umunyamahanga utuye mu Rwanda."
Yagize kandi ati:"Muri EjoHeza, kwizigamira ntibivuga kubaho utekanye gusa, ahubwo uko urushaho kwizigamira ni ko ufungura imiryango y’inyungu nyinshi ugenerwa na EjoHeza. Muteganyirize ejo hanyu heza n’ah’abanyu mwizigamira muri iyi gahunda nziza ya Leta; bityo muzagire amasaziro meza."
EjoHeza yashyizweho n’Iteka rya Minisitiri No 001/18/10/TC ryo ku wa 05/12/2018 rigena uburyo bukoreshwa mu gutanga ibigenerwa umunyamuryango w’ubwizigame bw’igihe kirekire.