UMUYOBOZI W’AKARERE YAMENYESHEJE, ANASOBANURIRA ABATUYE AKAGARI KA NYAMABUYE SERIVISE Z’UBUVUZI NSHYA ZONGEREWE KURI MUTUWELI N’IBYICIRO BY’UMUSANZU UTANGWA
Ku gicamunsi cy’uyu wa kane tariki 21 Gicurasi 2026, Umuyobozi w'Akarere, Mukamana Soline yakoranye inama n’abaturage b'Akagari ka Nyamabuye, mu Murenge wa Kagogo muri gahunda ya DUHARI KU BWANYU, abamenyesha; anabasobanurira serivise z’ubuvuzi nshya zongerewe kuri Mituweli n’ibyiciro by’umusanzu utagwa nk’uko biteganywa n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe n° 001/03 ryo ku wa 16/02/2026 ryerekeye inkunga zitangwa mu bwisungane mu kwivuza, kandi ko rigena abatanga inkunga mu bwisungane mu kwivuza, ingano y’inkunga batanga n’uburyo zitangwamo.
Yababwiye ko ingano y’umusanzu utangwa n’umunyamuryango mu bwisungane mu kwivuza igenwa hakurikijwe urwego rw’iyandikisha muri IMIBEREHO Dynamic Social Registry.
Yagize ati:"Umunyamuryango wanditswe mu rwego rwa mbere atanga umusanzu wa 4,000 Frw kuri buri muntu ku mwaka, kandi aya mafaranga yishyurwa na Leta.Umunyamuryango wanditswe mu rwego rwa kabiri atanga umusanzu wa 3,000 Frw kuri buri muntu ku mwaka, hiyongereyeho 1,000 Frw yishyurwa na Leta."
Yongeyeho ko umunyamuryango wanditswe mu rwego rwa gatatu atanga umusanzu wa 5.000 Frw kuri buri muntu ku mwaka; umunyamuryango wanditswe mu rwego rwa kane atanga umusanzu wa 8,000 Frw kuri buri muntu ku mwaka; naho umunyamuryango wanditswe mu rwego rwa gatanu atanga umusanzu wa 20,000 Frw kuri buri muntu ku mwaka.
Yababwiye na none ko umunyamuryango mu bwisungane mu kwivuza yishyura inyunganirabwishyu igihe cyose ahawe ubuvuzi, ingano y’inyunganirabwishyu ku rwego rw’ikigo nderabuzima n’urw’ivuriro ry’ibanze ikaba ari 200 Frw na 10% y’ikiguzi cy’ubuvuzi ku rwego rw’ibitaro; kandi ko abatishoboye badatanga inyunganirabwishyu, abakangurira gutangira gutanga umusanzu wa Mituweli.
Muri icyo kiganiro yababwiye kandi ko abatanga inkunga mu bwisungane mu kwivuza ari Leta, abakozi bo mu nzego za Leta n’abo mu rwego rw’abikorera, ibigo bitanga serivisi z’ubwishingizi bwo kwivuza, amasosiyete y’itumanaho, amasosiyete acuruza lisansi na mazutu, ibigo bitanga serivisi z’ubwishingizi rusange n’ibigo bitanga serivisi za banki.
Yagize ati:"Izi mpinduka zigamije kugira ngo abaturage b’u Rwanda bagire ubuzima buzira umuze kubera ko indwara mbere zitavurwaga kuri Mituweli nko gusimbuza impyiko, ubuvuzi bwa kanseri, ubuvuzi bw’umutima, kubaga amavi, kubaga urutirigongo, kuyungurura amaraso, insimburangingo n’inyunganirangingo (Indorerwamo z’amaso, utwuma dufasha abantu kumva, insimburangingo z’amaguru n’amaboko), kubaga ibice bikomeye byangiritse hakoreshejwe ikoranabuhanga rigezweho, kubaga umutwe w’igufa ry’ukuguru no guhabwa ibigize amaraso (nk’umushongi, udafashi n’insoro zitukura) byiyongereye kuri serivise za Mituweli. Ndabasaba gutanga umusanzu wa 2026-2027."
Yabagiriye inama yo kwiyandukuzaho imitungo itari iyabo irimo impano no gukomeza gutanga amakuru y’ukuri muri sisiteme IMIBEREHO; abakangurira kwitabira izindi gahunda zigamije iterambere ry’imibereho y’abaturage zirimo isuku n’isukura; yakira, kandi akemura ibibazo abaturage bamugejejeho.